RDC yanze ubusabe bwa Amerika bwo gushyira mu kato ikipe izitabira Igikombe cy’Isi

football fifa world cup qualifiers 2026 dr congo v senegal stade des martyrs kinshasa dr congo
football fifa world cup qualifiers 2026 dr congo v senegal stade des martyrs kinshasa dr congo
Wan Bissaka of DR Congo during the FIFA World Cup Qualifiers 2026 match between DR Congo and Senegal at Stade des Martyrs in Kinshasa, DRC on 09 September 2025 ©BackpagePix

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo gushyira mu kato ikipe yayo izitabira imikino y’Igikombe cy’Isi iteganyijwe muri Kamena na Nyakanga 2026.

Amerika yasabye ko abakinnyi b’iyi kipe, abatoza n’abakozi bayo ko bajya mu kato k’iminsi 21, kugira ngo bazajye muri iyi mikino badahuye n’abandi bantu bo hanze, mu gukumira icyorezo cya Ebola cyugarije uburasirazuba bwa RDC.

Umuyobozi w’itsinda ryashyizweho n’Ibiro bya Perezida wa Amerika rishinzwe gutegura imikino y’Igikombe cy’Isi, Andrew Giulani, yatangaje ko ikipe ya RDC nitajya mu kato, ishobora gukumirwa ku butaka bwayo.

Giulani yagize ati “Tweruriye na Leta ya RDC ko bagomba kuguma muri ako kato cyangwa se ntibazashobore kugera muri Amerika. Twabisobanuye bihagije.”

Umuvugizi w’ikipe ya RDC yatangaje ko gahunda bateguye itazahindurwa n’ubusabe bwa Amerika, ahubwo bakomeje kwitegura imikino ya gicuti irimo uzabahuza na Danemark tariki ya 3 Kamena n’uzabahuza Chile ku ya 9 Kamena 2026.

Yagize ati “Gahunda yacu y’imyitozo yagumyeho. Nta mukinnyi mu ikipe yacu waturutse muri Congo.”

Ikipe ya RDC iri mu mwiherero mu Bubiligi. Abakinnyi bayo bose n’Umutoza Sebastien Desabre bateganyaga kujya i Kinshasa bakamarayo iminsi itatu, kugira ngo bakorerwe ibirori bibaherekeza ariko barabihagaritse kubera Ebola.

Bose bamaze igihe i Burayi, keretse bamwe mu bayobozi n’abakozi b’iyi kipe bageze i Bruxelles mu ntangiriro z’iki Cyumweru baturutse i Kinshasa.

Biteganyijwe ko tariki ya 11 Kamena ari bwo ikipe ya RDC izajya muri Amerika, icumbikirwe mu Mujyi wa Houston. Izakina umukino wa mbere na Portugal tariki ya 17, ikurikizeho Colombie ku wa 23, ikine uwa gatatu na Azerbaijan.

Imikino y’Igikombe cy’Isi izabera muri Amerika, Canada na Mexique kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026.

football fifa world cup qualifiers 2026 dr congo v senegal stade des martyrs kinshasa dr congo
Wan Bissaka of DR Congo during the FIFA World Cup Qualifiers 2026 match between DR Congo and Senegal at Stade des Martyrs in Kinshasa, DRC on 09 September 2025 ©BackpagePix
football fifa world cup qualifiers 2026 dr congo v senegal stade des martyrs kinshasa dr congo
Wan Bissaka of DR Congo during the FIFA World Cup Qualifiers 2026 match between DR Congo and Senegal at Stade des Martyrs in Kinshasa, DRC on 09 September 2025 ©BackpagePix

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *