Perezida Kagame yazamuye mu ntera abakozi 742 ba RCS, yirukana abandi 296

1000053484

Perezida Paul Kagame yazamuye mu ntera abakozi 742 b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS, anashyira bamwe mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse yirukana abandi muri uru rwego.Ni ibyatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, rivuga ko abazamuwe mu ntera barimo ba ofisiye bakuru, ba ofisiye bato, abasuzofisiye n’abawada.Mu ba ofisiye bakuru, abari bafite ipeti rya Superintendent 46 bazamuwe bahabwa ipeti rya Senior Superintendent.Mu ba ofisiye bato, abari bafite ipeti rya Chief Inspector 37 bahawe ipeti rya Superintendent; abari Inspector 18 bahabwa ipeti rya Chief Inspector, mu gihe Assistant Inspector 10 bahawe ipeti rya Inspector.Mu basuzofisiye n’abawada; Senior Sergeant 188 bahawe ipeti rya Chief Sergeant; Sergeant 67 bahabwa ipeti rya Senior Sergeant; Corporal 48 bahabwa ipeti rya Sergeant, naho Warder 328 bahabwa ipeti rya Corporal.Iri tangazo rivuga kandi ko Perezida wa Repubulika yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru bamwe mu bakozi ba RCS, barimo Assistant Commissioner Moses Ntawiheba, Senior Superintendent Christine Aloys Gakuba na Superintendent Josephine Nyiranteziryayo. Hari kandi abandi 22 barimo abasuzofisiye bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.Perezida Kagame kandi yasubije mu buzima busanzwe ba ofisiye bakuru n’abato batanu.Muri iri tangazo, hanavuzwe ko hari abakozi ba RCS birukanywe, barimo ba ofisiye bakuru batandatu, ba ofisiye bato 13, n’abasuzofisiye n’abawada 277. Bose hamwe, abirukanywe ni 296.

1000053485

RDC yanze ubusabe bwa Amerika bwo gushyira mu kato ikipe izitabira Igikombe cy’Isi

football fifa world cup qualifiers 2026 dr congo v senegal stade des martyrs kinshasa dr congo
Wan Bissaka of DR Congo during the FIFA World Cup Qualifiers 2026 match between DR Congo and Senegal at Stade des Martyrs in Kinshasa, DRC on 09 September 2025 ©BackpagePix

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo gushyira mu kato ikipe yayo izitabira imikino y’Igikombe cy’Isi iteganyijwe muri Kamena na Nyakanga 2026.

Amerika yasabye ko abakinnyi b’iyi kipe, abatoza n’abakozi bayo ko bajya mu kato k’iminsi 21, kugira ngo bazajye muri iyi mikino badahuye n’abandi bantu bo hanze, mu gukumira icyorezo cya Ebola cyugarije uburasirazuba bwa RDC.

Umuyobozi w’itsinda ryashyizweho n’Ibiro bya Perezida wa Amerika rishinzwe gutegura imikino y’Igikombe cy’Isi, Andrew Giulani, yatangaje ko ikipe ya RDC nitajya mu kato, ishobora gukumirwa ku butaka bwayo.

Giulani yagize ati “Tweruriye na Leta ya RDC ko bagomba kuguma muri ako kato cyangwa se ntibazashobore kugera muri Amerika. Twabisobanuye bihagije.”

Umuvugizi w’ikipe ya RDC yatangaje ko gahunda bateguye itazahindurwa n’ubusabe bwa Amerika, ahubwo bakomeje kwitegura imikino ya gicuti irimo uzabahuza na Danemark tariki ya 3 Kamena n’uzabahuza Chile ku ya 9 Kamena 2026.

Yagize ati “Gahunda yacu y’imyitozo yagumyeho. Nta mukinnyi mu ikipe yacu waturutse muri Congo.”

Ikipe ya RDC iri mu mwiherero mu Bubiligi. Abakinnyi bayo bose n’Umutoza Sebastien Desabre bateganyaga kujya i Kinshasa bakamarayo iminsi itatu, kugira ngo bakorerwe ibirori bibaherekeza ariko barabihagaritse kubera Ebola.

Bose bamaze igihe i Burayi, keretse bamwe mu bayobozi n’abakozi b’iyi kipe bageze i Bruxelles mu ntangiriro z’iki Cyumweru baturutse i Kinshasa.

Biteganyijwe ko tariki ya 11 Kamena ari bwo ikipe ya RDC izajya muri Amerika, icumbikirwe mu Mujyi wa Houston. Izakina umukino wa mbere na Portugal tariki ya 17, ikurikizeho Colombie ku wa 23, ikine uwa gatatu na Azerbaijan.

Imikino y’Igikombe cy’Isi izabera muri Amerika, Canada na Mexique kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026.

football fifa world cup qualifiers 2026 dr congo v senegal stade des martyrs kinshasa dr congo
Wan Bissaka of DR Congo during the FIFA World Cup Qualifiers 2026 match between DR Congo and Senegal at Stade des Martyrs in Kinshasa, DRC on 09 September 2025 ©BackpagePix
football fifa world cup qualifiers 2026 dr congo v senegal stade des martyrs kinshasa dr congo
Wan Bissaka of DR Congo during the FIFA World Cup Qualifiers 2026 match between DR Congo and Senegal at Stade des Martyrs in Kinshasa, DRC on 09 September 2025 ©BackpagePix